Kiyovu Sports Club inganyije na As Muhanga FC ku mukino w'umunsi wa 32 wa BK Pro League iguma ku mwanya wa gatanu muri rusange, ikaba iya 3 mu makipe yo mu Rwanda.
Kiyovu Sports Club inganyije na As Muhanga FC ku mukino w'umunsi wa 32 wa BK Pro League iguma ku mwanya wa gatanu muri rusange, ikaba iya 3 mu makipe yo mu Rwanda.
Umuryango wa Kiyovu Sports wibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aho wibutse abari Abayobozi, Abakinnyi 'Abakunzi bawo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Ni Igikorwa cyahuriranye n'isabukuri y'imyaka 62 umuryango wa Kiyovu Sports ubonye ubuzima gatozi. Bakaba barahisemo ko kuri iyi Tariki ya 11 Gicurasi buri mwaka hazajya haba Igikorwa cyo Kwibuka abari Abayobozi,Abakinnyi, Abakunzi,n'inzirakarengane bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
Kiyovu Sports Club yakuye inota rimwe ku mukino w'umunsi wa 29 wa Bk Pro League aho muri uyu mukino yahushije na Pénalité yagombaga kuyihesha amanota atatu.
Ku wa Gatanu tariki ya 1 Gicuraci 2026 nibwo hateranye Inteko Rusange Idasanzwe y'umuryango wa Kiyovu sports.
Ku murongo wibyagomba ku igwa harimo:
Kwakira no kwemeza abanyamuryango bashya, ishusho ya Kiyovu Sports mu mwaka w’imikino wa 2025-2026 no kwemeza raporo za 2024-2025.
Harimo kandi kwemeza Amategeko Shingiro mashya ya Kiyovu Sports Association. no kuzuza inzego no kwemeza Iteganyabikorwa n’Ingengo y’Imari bya 2026-2027. Inteko yatangijwe na Perezida wa Kiyovu Sports Association Mbere y'uko itangira babanje kureba niba abanyamuryango bitabiriye bahwanye n'umubare uteganwa n'amategeko. ...
Étincelles FC yabonye inota imbere ya Kiyovu Sports nyuma y'igihe kinini itabona inota.
Kiyovu Sports Club yatsinze Mukura VSL ibitego 3-1 ibona amanota yarikeneye muri BK Pro League
Gutsindwa birababaza iyo utsinzwe n'ikipe yitwa akana imbere yawe, kandi yaranabanje kugutsindira iwawe mu mukino uheruka kubahuza! Dufite amahirwe yo kongera kwishima mbere y'umukino wa Bugesera, kuko abana bacu, Kiyovu U20 kuri iki cyumweru tariki ya 25/05/2025 saa munani (14:00) bazaba berekeje mu Kabagari mu mukino wo kwishyura wa 1/6 mu marushanwa y'abakiri bato (FERWAFA YOUTH LEAGUE U20) uzabahuza na United Stars.
Bayovu nkunda, gutsinda Amagaju ni icyerekezo cy'umunezero, gutsinda Amagaju ni ugushimangira ko Kiyovu ari ikipe nkuru yo kwiringirwa, ariko na none ni uguhanagura igisebo cy'ibitego 2 byose badutsindiye ku kibuga cyacu mu mukino ubanza.
Nyuma yo gutsinda Rutsiro, Kiyovu Sports yagize amanota 37 ashimangira ko igumye mu cyiciro cya mbere bidasubirwaho! Uyu mwaka w'imikino washaririye Abayovu kurusha isogi ku kubera ibibazo bikomeye yanyuzemo, birimo ibihano bya FIFA byayibujije kwinjiza abakinnyi bashya n'ibyo yafatiwe n'inkiko byayiteye kugira ubukene bukabije, kubona amanota ahagije ayigumisha mu cyiciro cya mbere byari ibyishimo bikomeye ku Bayovu bose.
Imikino twakinnye mu bihe bishize yatugaragarije ko dufite ikipe nziza yatugeza ku byishimo twifuza yitaweho uko bikwiye. Ese niba ikipe ya 5 itariringira kutamanuka, bishoboka bite ko Abayovu turi ku mwanya wa 9 twumva ko ntacyo bitubwiye? Umupira wa none siwo wa kera, biratandukanye mu myumvire no mu migirire. Kera bakiniraga kwishimisha, none byabaye umwuga, bisaba byinshi kugira ngo ugere ku ntsinzi!