• Abana ba Kuyovu U20 bazaduhoza amarira ya Huye

    Gutsindwa birababaza iyo utsinzwe n'ikipe yitwa akana imbere yawe, kandi yaranabanje kugutsindira iwawe mu mukino uheruka kubahuza! Dufite amahirwe yo kongera kwishima mbere y'umukino wa Bugesera, kuko abana bacu, Kiyovu U20 kuri iki cyumweru tariki ya 25/05/2025 saa munani (14:00) bazaba berekeje mu Kabagari mu mukino wo kwishyura wa 1/6 mu marushanwa y'abakiri bato (FERWAFA YOUTH LEAGUE U20) uzabahuza na United Stars.

  • Abayovu twishime, tunezerwe

    Nyuma yo gutsinda Rutsiro, Kiyovu Sports yagize amanota 37 ashimangira ko igumye mu cyiciro cya mbere bidasubirwaho! Uyu mwaka w'imikino washaririye Abayovu kurusha isogi ku kubera ibibazo bikomeye yanyuzemo, birimo ibihano bya FIFA byayibujije kwinjiza abakinnyi bashya n'ibyo yafatiwe n'inkiko byayiteye kugira ubukene bukabije, kubona amanota ahagije ayigumisha mu cyiciro cya mbere byari ibyishimo bikomeye ku Bayovu bose.

  • Ese koko birakwiye ko tujenjekera Rutsiro?

    Imikino twakinnye mu bihe bishize yatugaragarije ko dufite ikipe nziza yatugeza ku byishimo twifuza yitaweho uko bikwiye. Ese niba ikipe ya 5 itariringira kutamanuka, bishoboka bite ko Abayovu turi ku mwanya wa 9 twumva ko ntacyo bitubwiye? Umupira wa none siwo wa kera, biratandukanye mu myumvire no mu migirire. Kera bakiniraga kwishimisha, none byabaye umwuga, bisaba byinshi kugira ngo ugere ku ntsinzi!

  • Urugamba rwo kutamanuka rurakarishye cyane

    Nyuma yo gutsinda AS Kigali Abayovu benshi batekereje ko urugamba rwo kutamanuka rusorejwe aho, ko turutsinze, nyamara siko bimeze, kuko nyuma y'imikino y'andi makipe, mbere yuko Etincelles ihura na Gorilla, ubu amakipe 10 yose kuri 16 agize shampiyona ari mu kaga ko kumanuka mu cyiciro cya 2 aramutse arekuye imikino yabo 3 isigaye! Ibi biragaragaza ubukana bw'urugamba turimo.

  • Duhagurukire gutsinda AS Kigali

    Nshuti Bayovu nkunda, kunganya na Muhazi byakomeje imibare y'urugamba rwo kutamanuka. Gutsinda AS Kigali bisobanuye byinshi, uretse kutwongerera amahirwe yo kuguma mu cyiciro cya mbere, ni no kugaragaza ko ari twe dufite inda ya bukuru mu mujyi wa Kigali.

  • Gutsinda Muhazi Utd birakenewe cyane kuruta uko tubitekereza

    Nyuma y'imikino yose y'umunsi wa 25, Kiyovu Sports twisanze ku mwanya wa 10 n'amanota 30, mu gihe Muhazi tugiye guhura nayo iri ku mwanya wa 15 n'amanota 26. Ibi birakomeza imibare yo kutamanuka cyane, kuko n'amakipe yose ari hagati yacu na Muhazi (Etincelles, Amagaju, Bugesera na Marines) aramutse atsinze umukino wabo utaha twe tutatsinze Muhazi bahita baducaho, tukamanuka ku mwanya wa 14.

  • Urugamba rurakomeye, kandi rurakomeje

    Urugamba rurakomeye, kandi rurakomeje mu mikino 6 isoza shampiyona isigaye, ikipe ya 5 ifite amanota 35 irusha amanota 11 gusa ikipe ya mbere mu ziri mu murongo utukura, bisobanuye ko nayo iramutse yiraye yakwisanga muri uwo murongo w'umutuku, ibyo kandi bivuze ko amakipe 12 kuri 16 agize shampiyona yugarijwe n'ibyago byo kumanuka mu cyiciro cya 2.