Inteko Rusange idasanzwe ya Kiyovu Sports Association yemeje amategeko shingiro mashya

Inteko Rusange idasanzwe ya Kiyovu Sports Association yemeje amategeko shingiro mashya

Ku wa Gatanu tariki ya 1 Gicuraci 2026 nibwo hateranye Inteko Rusange Idasanzwe y'umuryango wa Kiyovu sports.

Ku murongo wibyagomba ku igwa harimo:

Kwakira no kwemeza abanyamuryango bashya, ishusho ya Kiyovu Sports mu mwaka w’imikino wa 2025-2026 no kwemeza raporo za 2024-2025.

Harimo kandi kwemeza Amategeko Shingiro mashya ya Kiyovu Sports Association. no kuzuza inzego no kwemeza Iteganyabikorwa n’Ingengo y’Imari bya 2026-2027. Inteko yatangijwe na Perezida wa Kiyovu Sports Association Mbere y'uko itangira babanje kureba niba abanyamuryango bitabiriye bahwanye n'umubare uteganwa n'amategeko. Nyuma yo gusanga umubare wabitabiriye wuzuye Perezida yafashe ijambo abanza gushimira abitabiriye, nyuma nibwo yabwiye abanyamuryango,ingingo bagombaga kwigwaho.

Babanje kwemeza abanyamuryango bashya. nyuma berekana amategeko mashya yavuguruwe agendeye kubyo urwego rw'iguhugu rw'imiyoborere rw'abasabye. Nyuma y'uko abanyamuryango bamaze gusobanurirwa amategeko shyingiro mashya ndetse n'impinduka zabayemo,barayemeje bose bayashyiraho umukono imbere ya noteri.

Nyuma yo kuyemeza hahise hakurikirahoigikorwa cyo kuzuza inzego,kuko mu mategeko yarasanzwe ba visi Perezida bari babiri,ariko mu mategeko shyingiro mashya, agomba kuba umwe.

Inzego z’ubuyobozi zujujwe mu buryo bukurikira

I.Komite Nyobozi

Perezida David Nkurunziza

Visi Perezida

Carlos Kabayiza

Umunyamabanga

Elie Manirarora

Umubitsi

Angelique Kayiganwa

Umuyobozi wa Tekinike

Aloys Kanamugire

Hotowe abayobozi ba Komite Ngenzuzi na Nkemuramakimbirane ndetse n'abayobozi baza Komisiyo

Komite ngenzuzi:

Makombe JMV Nsengiyumva JMV Ntiranyibagirwa Angelos

Komite nkemuramakimbirane:

Shamukiga Manaour Mutumwinka Marie Karangwa Joseph

Komisiyo

A.komisiyo ya Comptetion na Performance: Chairaman:Rwambibi Emmanuel

B.Komisiyo ya Finance na Marketing Chairman: Sekabaraga Moussa

C.Komisiyo yo Gukora Kinyamwuga
Chairman: Mutijima Hector

D.Komisiyo ya Infrastructure

Chairman:Ndegeya Robert

E.Komisiyo y’Amarerero no kuzamura impano kubakiri bato

Chairman:Munyaneza Ashraf

F.Komisiyo y’Ubukangurambaga : Chairman:Habinshuti Rashid Buri Komisiyo hashyizweho abandi bayigize

⁠Minani Hemedi ni President w’Abafana ba kiyovu Sports Club

Nzigira Theophile: Aba muri Board

⁠Makuta Robert ni Umwe mu Bakozi ba Kiyovu.

⁠Abagize Board ntibahindutse

Hanemejwe ingengo y'imari izakoreshwa mu mwaka w'imikino 2026-2027.